Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ushinzwe Afurika, Massad Boulos, yahuriye i Doha muri Qatar n’abayobozi bahagarariye u Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Togo n’u Bufaransa.
Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, ryo kuwa 30 Mata 2025,rivuga ko izi ntumwa zahuye nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye i Doha tariki 18 Werurwe 2025.
Iryo tangazo rikomeza rivuga ko ibiganiro byibanze ku gushyira imbaraga ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n’ibiganiro hagati ya AFC/M23 na leta ya Congo n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikorera mu Burasirazuba bwa Congo, hagamijwe gushaka igisubizo kirambye.
Qatar ikomeza ivuga ko izi ntumwa zashimye umuhate wayo mu kumvikanisha AFC/M23 na leta ya Congo, mu gufasha ko imirwano ihagarara.
Aba bayobozi bashima kandi ko ikibazo kiri gukemurwa mu gushaka amahoro arambye,haherewe ku mizi.
Izi ntumwa z’ibi bihugu zisanga kandi ari ngombwa ko ubusugire bw’ibihugu byombi bugomba kubahirizwa.
Zasabye ko hakomeza intambwe yatewe n’imiryango ya SADC –EAC mu nama yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuwa 8 Gashyantare 2025.
Bashimye kandi amasezerano yasinyiwe i Washington D.C. kuwa 25 Mata 2025, bavuga ko azatanga umusanzu ukomeye kandi akarushaho kuzamura ikizere, guhagarika imirwano, no gukemura ikibazo mu mahoro, mu ntambara iri mu Burasirazuba bwa Congo.
Ibintu bisa nk’ibiri kujya mu buryo mu Burasirazuba bwa Congo nyuma y’ibiganiro byagiye bikorwa n’abahuze batandukanye barimo na Qatar.
Ibi byatumye ingabo za SADC zarwanaga ku ruhande rwa leta ya Congo zifata icyemezo cyo gucyura abasirikare bayo ndetse n’ibikoresho.